Abana bo muri Sudani barapfa ari benshi bazize uruhurirane rwa byinshi birimo inzara, indwara n’ibisasu bibasanga kwa muganga aho barembeye. Umunyamabanga mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus niwe ubivuga.
Tedros Adhanom Ghebreyesus asaba impande zihanganye muri iyi ntambara ko zakunamura icumu kuko abari kuhagwa benshi ari abana.
Kuri X yanditse ko bibabaje cyane kubona umwe mu mpande zihanganiye muri iriya ntambara arasa mu bitaro.
Ibitaro bya Al-Mujlad biherutse kuraswaho igisasu kiremereye kica abantu 40 biganjemo abana.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo cyaje kugwa muri ibi bitaro biri ahitwa West Kordofan, kimwe mu bice ingabo z’impande zombi zihanganiyemo bikomeye.
Abo ku ruhande rw’ingabo zigize ikitwa Rapid Support Forces (RSF) bashinja aho bahanganye bo ku ruhande rwa Leta ko ari bo baharashe mu gihe abandi nabo ari uko babikora.
Intambara iri muri Sudani muri iki gihe yatangiye muri Mata, 2023.
Kuva icyo gihe kugeza ubu, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko ari yo ntambara ikomeye yateje ibibazo abaturage kurusha ndetse n’iri kubera muri Ukraine yayibanjirijeho umwaka umwe.
BBC Africa ivuga ko ibitaro bya Al-Mujlad Hospital byarashweho kuri uyu wa Gatandatu tariki 28, ari byo wavuga ko bikomeye kurusha ibindi biri mu gace ka Muglad kuko ibisigaye byose byasenyuwe n’iriya ntambara.
Ihuriro ry’abaganga bo muri Sudan ryitwa Sudan Doctors Network naryo ribyemeza uko.
Abana bo muri Sudani ariko sibo gusa bafite ubuzima bubi kuko n’ahandi hose ku isi hari imidugararo, usanga abana n’abagore ari bo bahakubitikira kandi akenshi nta ruhare baba baragize mu makimbirane ya muntu.
Muri Gaza bamerewe nabi, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bamerewe nabi, Centrafrique ni uko, Mozambique ni uko, Ukraine ni uko n’ahandi n’ahandi…
