Hari bamwe mu bahoze ari abasirikare b’Ubwongereza bamennye amabanga y’ubugome ingabo z’iki gihugu zivugwaho gukorera abaturage ba Afghanistan barimo n’abana ubwo zari zihakambitse hagati ya 2000 na 2014.
Abo bantu bigeze kandi kurwana mu bitero ingabo z’Ubwongereza zagabaga muri Iraq.
Mu gusobanura ibyo bintu, umwe muri bo yavuze ko ingabo z’Ubwongereza zarashe abasivili barimo n’abana ndetse zibasaraza baboshye.
Umwe muri bo ati: “Bafunze amapingu umwana muto w’umuhungu ubundi baramurasa. Yari umwana bigaragara utagejeje n’imyaka yo kurwana.”
Izo ngabo zivugwaho gufata abantu zikabahambira amaboko zikoresheje imigozi ya pulasitike, zikabarasa zarangiza imigozi zikayica, ubundi zikabashyira imbunda zo mu bwoko bwa masotela mu ntoki ngo bifatwe nk’aho barashwe kubera ko bari bateje akaga.
Inkuru ya BBC yatambutse kuri uyu wa Mbere tariki 12, Gicurasi, 2025 ivuga ko hari abatangabuhamya 30 bayihamirije ko abo basirikare bo mu mutwe udasanzwe woherejwe muri Afghanistan bakoreye abasivile ubwicanyi kandi ko ayo makuru yari azwi na David Camern wahoze ari Minisitiri w’Intebe ariko ntiyayaha agaciro.
Yari intambara ikomeye ku buryo yaguyemo abasirikare 457 b’Ubwongereza abandi benshi barakomereka.
Amategeko yagenderwagaho muri iyo ntambara yavugaga ko umuntu ashobora kwicwa mu gihe ateje ikibazo ku mutekano w’ingabo z’Ubwongereza ariko ingabo zo mu mutwe udasanzwe zirwanira mu kirere zo zishyiriyeho amabwiriza yazo ukwazo.
Ikibabaje kurushaho ni uko mu bishwe harimo n’abana.
Aba basirikare iyo bamaraga kurasa abantu bahitaga bashyira imbunda ku mirambo y’abo bishe bakabafata amafoto agaragaza ko babasanganye intwaro, ndetse hagahimbwa inkuru z’igikorwa cyabereye aho kugira ngo basibanganye ibimenyetso by’ibyo bakoze.
Operation Herrick ari nayo abo basirikare bari barimo yaje kurangizwa mu mwaka wa 2014.
